SHALOM  Gospel Festistival 2023: Amateka akomeje kwandikwa ,Hamenyakanye ibisabwa  mu kwinjira mu gitaramo cya  Korali Shalom.

Korali shalom ikorera umurimo w’ IMANA  mu itorero ry’ Adepr Nyarugenge  ikomeje kwandika amateka akomeye  ,igiye gutaramira abakunzi bayo muri  Bk Arena  mu gitaramo bise ” SHALOM Gospel Festival ”  aho kwijira biza ari ubuntu.

Mu kiganiro ubuyobozi bwa Korali shalom bwagiranye   n’ abanyamakuru cyabaye kuri uyu  wa kane tariki ya 14/09 / bwatangaje ko  kwinjira muri  iki gitaramo cyateguwe  na Korali Shalom ari ubuntu ariko  ukitabiriye akitwaza ibyangobwa ( indangamuntu ) n’ abana  bakazana n’ ababyeyi babo , Muri iki gitaramo kandi bazafatanya  n’ umuhanzi  nka Israel mbonnyi  , na Ntora  worship Team

iki gitaramo kiswe ” SHALOM Gospel Festival ”  cyateguwe  mu rwego rwo kuzana abantu kuri kristo  no gukora ivugabutumwa  rijyanye  n’ imirimo .

Nkuko byatangajwe  na Vis perezida wa korali Shalom Bwana Jean Luc Rukundo agira ati :” dutegura iki gitaramo twari dufite intego yo  kuvura  abantu agahinda gakabije no kurwanya  gatanya twifashishije ijambo ry’Imana, kandi tukavuga ubutumwa kugirango abantu bakire Kristo uruhura imitima  “

Vis perezida wa korali Shalom Bwana Jean Luc Rukundo

Korali Shalom Ni korali imaze kubaba ubukombe dore ko imaze kwandika amateka  mu gutegurira Imana ibyiza  binyuze mu gutegura ivugabutumwa rivugirwa ahantu hakomeye nka , Kigali Convetion Center , Serena Hotel  na Bk  aho abakristo batandukanye  n’ abandi bahaza bisanzuye .

KANDA HANO UKURIKIRANE INDIRIMBO YA KORALI SHALOM BAHERUTSE GUSHYIRA  HANZE 

@IBYIRINGIRO.RW

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *