Pasiteri Sereine Nterinanziza ugiye kwimikirwa inshingano nshya , Ateye utwatsi ibyo kuva muri ADEPR  Burundu!

Pasiteri Sereine Nterinanziza wakoze imirimo  myinshi mu itorero ry’ adepr , nyuma akazakugira umuhamagaro wo gutangiza itorero  yise ” Next Generation  Church of Rwanda ” agiye    kwimikwa kuba  Revera Pasiteri .

Pastor Sereine Nterinanziza  umushumba  wa Next Generation Church of Rwanda  yakoze imirimo myinshi mu itorero  ry’ adepr  itandukanye  irimo uburirimbyi, kuyobora amakorali atandukanye , kuba umudiyakoni mu itorero ry’ adepr , yanayoboye  n’ ibigo bikomeye by’ iri torero  kugeza ubu , nyuma yuko yari yaratangije itorero  akaza kugira imbogamizi  zo  gufungirwa itorero akaza gusubira mu Itorero ry’ ADEPR .

Mu minsi ishize yongeye  kubyutsa cg gushimangira  umuhamagaro  we wo  gushinga itorero ( idini ) bihamye   dore  ko yamaze gutangaza  ko agiye kwimikirwa inshingano nshya zo kuba Revera( Rev.Pastor) Pasiteri tariki ya 27/08/2023 .

Pastor Sereine Nterinanziza  umushumba mukuru wa Next Generation  Church of Rwanda 

Abinyujije ku rukuta rwe bwite rwa facebook yagize ati :” Yesu ashimwe. Nishimiye kugusaba kumbikira iyi tariki kugirango uzabane nanjye muri uyu muhango wo kwimikwa ku bupasitoro. Ubutumire burambuye muzabuhabwa nyuma. Imana iguhe umugisha.”

Tukimara kubona buno butumwa twegereye Pasiteri  Sereine Nterinanziza tumubaza  ibijyanye no kuba yaba yaravuye  mu itorro rye  ry’ adepr adutera  utwatsi adusubizako atarivamo burundu ….. ahubwo aruko itorero ry’ adepr ritemera abashumba b’abagore.

Mu magambo ye agira ati :” Sinavuga ko natandukanye na ADEPR burundu kuko niryo torero ryanjye Kuva mvutse. Sinatandukana naryo rero kuko n’ ababyeyi banjye ni abashumba. Gusa Kuko ritemera abapasitoro b’Abagore kd mfite uwo muhamagaro nzasengerwa nirindi Torero ryemera abapasitoro b’abagore”

Ibi Pasiteri  Sereine Nterinanziza abitangaje nyuma yuko abihamije mu ruhamye ubwo umushumba mukuru w’ itorero ry’ ADEPR  mu Rwanda Rev.Pasiteri Ndayizeye Isaie  yagiranaga  ikiganiro  n’ itangazamakuru akamubaza impamvu  iri torero ry’ adepr ritajya ryimika abashumba b’abagore  ngo bajye mu inshingano za gipasitori .

KANDA HANO UKURIKIRANE INYIGISHO YE 

 

@IBYIRINGIRO.RW

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *