New Melody choir Igarukanye imbaraga mu mugoroba udasanzwe wo kuramya Imana bise “ An Evening of Worship “

New Melody choir  nyuma igihe kirekire idakora  bimwe  mu bitaramo yakoraga byo kuramya Imana  ,yongeye kugarukana imbaraga  mu gitaramo bise “An  Evening of Worship “ kizabera mu  Mujyi wa Kigali.

Itsinda rya New Melody  choir  rigizwe  n’abaririmbyi batandukanye  bafite ubuhanga  mu  miririmbire  no mu gutoza amakorali ,bateguriye abakunzi bayo umugoroba wo kuryama no guhimbaza Imana bise “ An Evening of Worship “ uzaba tariki ya 19 werurwe 2023  kuri solace Ministries.

Umwe mu bayobozi b’ iri tsinda rya New Melody  choir Neema Marie Jeanne  yatangarije ibyiringiro.rw ko nyuma y’ igihe kinini batagaragara mu bikorwa bya Gospel bakoraga COVIDE- 19 itaraza bongeye kubisubukura aho bagiye kongera kujya bategura  ibitarmo bitandukanye , kwitatabira ibikorwa bitanduka by’ ivugabutumwa no gushyira hanze ibihangano  byinshi  .

itsinda rya New Melody  choir riri gutegura umugoroba wo kurama no gushimbaza Imana

Mu magambo ye yagize ati :”  . Nyuma y’uko tubonye Covid-19 imaze gucogora ibikorwa bihuza benshi ubu bishoboka twumva twakongera guhuza abera tugatarama. Mu mugoroba twise “An Evening of Worship uzarangwa n’indirimbo, ijambo ry’Imana no gusenga, ukazanagara abahanzi nka Chryso  hamwe na Jado sinza.

uzaba ufite intego  yo kuganira kuri Yesu, we mwuzuro w’Ubumana. Ni inyota twumva dufite gusangira n’abera Kristo ,aho Amarembo azaba afunguye kuva 15h30”

Uyu mugoroba ukunze utegurwa  na  New Melody family choir urangwa ahanini no kugirana ubusabane n’ Imana  kuburyo buri wese uwitabiriye aba yisanzuye mu  gusabana n’ Imana ndetse ukarangwa  n’ ubwitabire bushimishije

KANDA  HANO UKURIKIRANE INDIRIMBO YABO NSHYA BAHERUTSE  GUSHYIRA HANZE  

@IBYIRINGIRO.RW

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *