Prosper  Nkomezi agiye Gutaramira muri Adepr ,Mu giterane gikomeye cyateguwe na Korali Jehovah  Nissi kiswe “Ibyaduhize Live Concert”

Korali Jehovah Niss yo mu Itorero ry’ ADEPR Rukiri I yabateguriye igiterane cy’ iminsi 2 yatumiyemo umuhanzi ukomeye mu Rwanda Prosper Nkomezi  bise “ Ibyaduhize Live Concert “ kibumbatiye  amashimwe akomeye yuzuye imitima yabo .

Korali Jehovah Nissi ikorera umurimo w’ Imana mu itorero rya Adepr Rukiri  I  muri Paruwasi ya Remera , yateguye igiterane  gikomeye kizamara iminsi 2 yise “Ibyaduhize Live Concert “  gifite intego iri muri zaburi ya 126:23 ,  kizarangwa  n’amashimwe akomeye  iyi korali ifite kubyo  yabarinze bikomeye .

Korali Jehovah Niss yo mu Itorera ry’ ADEPR Rukiri I yabateguriye igiterane

Ubuyobozi by’ iyi korali bwadutangarije icyatumye ikigiterane bacyitirira iyi ndirimbo yabo ikunzwe cyane bise  ibyaduhize avuga ko bashimira Imana ko hari ibyabahize byari  byinshi  ariko Imana yabanye nabo  .

Umuyobozi uyubora Korali Jehovah Nissi yatangarije  IBYIRINGIRO.RW  ko bateguye igiterane  gikomeye kizamara iminsi 2 kibumbatiye amashimwe ari ku mitima yabo  agira ati “ Twifuje gushima Imana kuko hari ibyaduhize   mu myaka ishize , no byo tunyuramo mu buzima tubamo bwa buri munsi ariko Imana ikahaba  ikatwiyereka,iki igiterane cyo gushima Imana twise “ IBYADUHIZE LIVE CONCERT “gifite intego  dusanga muri zaburi 126:23 hagira hati “ Uwiteka yadukoreye natwe turishimye “  dufite intego kandi yo kuvuga ubutumwa  no kubwiriza abatarakira agakiza ngo bakizwe .“

Muri iki giterane cy’ iminsi 2 kizaba  ku wa Gatandatu no ku Cyumweru tariki ya 04-05/Gashyantare /2023 , cyatumiyemo  umuhanzi Prosper Nkomezi  n’ bavugabutumwa batandukanye nka  Ev, Singirankabo Boniface , Ev . Sibomana Innocent  na Prophet Harerimana Wellaris n’ amakorali anyuranye nka Korali Naioth ADEPR SGEEM  , Korali Maranatha, Korali ijwi ry’ Impanda  na Korali Siloam zibarizwa mu Itorero ry’ ADEPR Rukiri I.

Umuhanzi Prosper Nkomezi ugiye gutaramira mu Itorero ry’ ADEPR

 

Korali Nayoti ADEPR SGEEM yatumiwe muri iki giterane

Korali Jehovah Nisi  imaze imyaka isaga 13 ikorera umurimo w’ Imana  mu itorero ry’ ADEPR Rukiri igizwe n’ abaririmbyi basaga 105  , imaze gushyira hanze indirimbo 20  n’ indirimbo 2 z’ amashusho  mu minsi irimbere ikaba yizeza abakunzi bayo ko  igiye gushyira ahanze izindi ndirimbo z’ amashusho

KANDA HANO UKURIKIRANE INDIRIMBO  YITIRIWE IKI GITERANE 

@ibyiringiro.rw

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *