Inama nyafurika y’ inzobera mu bimenyetso bya gihanga (ASFM 2023) igiye gusigira inyungu nyinshi u Rwanda

Mu nama nyafurika y’ ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera  ASFM  iri kubera mu Rwanda ku nshuro  ku nshuro ya cumi , u Rwanda ruzunguka byinshi birimo  kwagura serivisi zitangwa n’ urwego rubishinzwe

Dr Uwom Okereke Eze umuyobozi  w’ ihuriro nyafurika ry’ ibimenyetso  bikoreshwa mu butabera  yatangaje   byinshi urwanda  ruzungukira muri iyi nama,  mu kiganiro n’ abanyamakuru  cyabaye tariki ya 6 werurwe  2023  hasobonurwa byinshi bizaganirwaho muri  iyi nama  yatanganiye kubare mu Rwanda  kuri uyu  wa kabiri tariki ya  7 Werurwe 2023.

yagize ati “u Rwanda ruzungukiramo ko laboratwari yarwo yagera ku rwego mpuzamahanga kuko abagena ibyo ikigo gisabwa bazaba bari mu Rwanda ndetse bazanasura RFL, ibizatuma rugira amahirwe yo kubona ibindi bisabwa.iyi nama iziga ku kureba uburyo ibimenyetso bya gihanga byakwimakazwa mu buryo bugezweho ariko bikorewe mu Rwanda, ibituma rukomeza kubyungukiramo bijyanye n’ibyemezo bizajya bifatwa.”

Dr .Uwom Okereke Eze umuyobozi  w’ ihuriro nyafurika ry’ ibimenyetso  bikoreshwa mu butabera

Umuyobozi wa RFL  Dr Charles Karangwa yagize ati :”  “ iyi  Inama izadufasha cyane kuko tuzanayungukiraho kugera ku rwego mpuzamahanaga  kuko  ari yo izajya itanga icyo cyemezo bijyanye n’amahugurwa izajya itanga.”

 Umuuyobozi Mukuru wa RFL, Dr .Charles Karangwa 

Ibi byose bigaragaza amahirwe akomeye igihugu cy’ U Rwanda kizungukira  muri iyi nama ya ASFM   by’ umuhariko  RFL ( Rwanda forensic Laboratory )

@ibyiringiro.rw

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *